00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuzunguzayi yarize ayo kwarika, nyuma yo guta inoti ya 500 muri ruhurura (amafoto)

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 15 January 2017 saa 10:07
Yasuwe :

Umuzunguzayi witwa Niyonsaba Ange utuye mu Kagari k’Agatare mu Murenge wa Nyarugenge akarere ka Nyarugenge yarize ayo kwarika nyuma yo guta muri ruhurura inoti y’amafaranga 500 yari amaze gucuruzamo inyanya.

Saa Munani n’igice zo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Mutarama 2017, ni bwo uyu mubyeyi w’umwana umwe yahuye n’ingorane ata inoti ya 500 muri ruhurura bituma amara umwanya ari gusaba ubufasha abahisi n’abagenzi.

Ababonye Niyonsenga akimara guta ayo amafaranga bemeza ko yamaze isaha imwe ameze nk’uwataye umutwe.

Niyonsenga we yabwiye IGIHE ko yababajwe cyane n’uburyo yataye ayo mafaranga bitewe n’uko yayabonye bimuruhije.

Yagize ati “ None se koko uretse aba bantu bari kunshinyagurira ngo nihangane sininjire muri iyi ruhurura ngo amafaranga 500 ni make, urabona ari urukundo bamfitiye? Ese ko nta n’umwe noneho uri kuyampa? Njye ndajyamo ikiba kibe ariko nyazane.”

Icyababaje benshi mu bari aho ni uburyo uyu mubyeyi acyinjira muri iyo ruhurura yasanzemo mayibobo zimukubita amakofi ariruka, bikaba bikekwa ko zaba ari zo zatoye ayo mafaranga.

Amafaranga yatakaye ubwo yari amaze kwishyurwa ibyo yacuruzaga
Aha yari amaze gutanga umwana we ngo bamumufashe yinjire muri ruhurura
Abari aho bari bananiwe kumufasha gukuramo ayo mafaranga
Amafaranga yatakaye muri ruhurura, ashaka kwinjiramo ngo ajye kuyatora
Yinjiye muri ruhurura yahise asakirana na mayibobo zimugirira nabi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages