00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuyobozi w’Inteko yaserukanye ikanzu ya miliyoni 17 Frw mu irahira rya Museveni

Yanditswe na IGIHE
Kuya 12 May 2026 saa 01:55
Yasuwe :

Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Among, yaserukanye imyambaro y’arenga miliyoni 17 Frw mu birori byo kurahira kwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Ibirori byo kurahira kwa Museveni byabaye kuri uyu wa 12 Gicurasi 2026, ahazwi nka Kololo Independence Grounds i Kampala. Byitabiriwe n’abayobozi b’ibihugu bitandukanye, ndetse n’abanyepolitike baba ab’imbere mu gihugu no hanze.

Anitha Among uyoboye Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, yaserutse yambaye ikanzu y’umuhondo n’ikote ryayo, byakozwe n’inzu y’imideli ya Oscar de la Renta yo muri Dominican Republic.

Ikote ryonyine ry’iyi kanzu rigura 7.662.800 Frw, mu gihe ikanzu igura 9.966.300 Frw. Byose hamwe ni 17.629.100 Frw.

Uyu mugore ni umwe mu banyepolitike bo muri Uganda batunze amafaranga menshi, by’umwahariko badasiba kugaragaza ko bakunda ibintu by’agaciro birimo inzu n’imodoka.

Mu minsi ishize yateje impaka muri iki gihugu ubwo hasohokaga amakuru avuga ko yaguze imodoka ya Rolls Royce Cullinan y’ibihumbi 400$.

Ni amakuru Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba yagize icyo avugaho, ashimangira ko nawe cyangwa se, Perezida Museveni nta n’umwe uragenda mu modoka nk’iyi.

Anita Among akomeje kuvugisha benshi mu gihe hategerejwe kumenyekana niba azongera kugirirwa icyizere ngo ayobore Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda.

Imyenda ya Anita Among igura arenga miliyoni 17 Frw
Iyi kanzu ni iy'inzu y'imideli ya Oscar de la Renta

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages