Ibi byabaye mu mpera za Nyakanga 2026, ariko amashusho y’uyu munyamakuru yatangiye gucaracara ku wa 5 Kanama 2026.
Dominique Dillon yafashwe n’agatotsi ubwo yari muri gahunda y’amakuru izwi nka “Good Morning Memphis”, kuri Televiziyo ya FOX13 Memphis.
Mu buryo butunguranye, Dillon yaje gusinzira ari imbere ya camera, mu gihe amakuru yari akomeje kunyura kuri televiziyo.
Nyuma yo kubona ko agatotsi kamwibye, Dillon yabaye nkushiguka, araseka, ariko ahita yikubita ku kuboko kugira ngo yemeze niba koko yari asinziriye. Yaje gusanga ari ukuri ko yari amaze akanya asinziririye kuri televiziyo.
Mu kiganiro yagiranye na Craig Melvin na Laura Jarrett, mu kiganiro TODAY, Dominique Dillon yasobanuye uko byagenze ubwo yasinziraga ari gutangaza amakuru imbonankubone, avuga ko byamuteye ipfunwe ariko ko yishimiye uburyo abantu bamwakiriye.
Ati “Nafunguye amaso nsanga basubijeho amashusho (ye), mpita mvuga nti Mana yanjye, sinemera ko ibi bimbayeho.”
Dillon yavuze ko icyatumye asinzira ari uko yari yaraye adasinziriye neza, kubera umwana we wari wabuze ibitotsi.
Ati “Nageragezaga kuryamisha abana banjye saa munani z’ijoro, ariko umwana wanjye w’amezi umunani ntiyabishakaga. Ari kumera amenyo, bityo sinashobora kumuhoza. Namuhaye imiti imufasha muri icyo gihe ariko nta cyahindutse. Nyuma yaho nasigaranye amasaha make yo kuruhuka mbere yo kubyuka njya ku kazi.”
Nubwo ibyabaye biteye ipfunwe kuri Dominique Dillon, abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga ntibamunenze ahubwo bagaragaje ko bamwumva, cyane cyane ababyeyi bakora imirimo itandukanye bavuze ko na bo bahura n’umunaniro ukabije.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!