Imyigaragambyo ye yari igamije gushyigikira urubyiruko rwasabaga ko habaho impinduka mu rwego rw’uburezi.
Wangchuk uzwi cyane ku izina rya “Sonam sir”, yatangaje ko yafashe iki cyemezo nyuma y’ibiganiro byamaze igihe n’inzego bireba ndetse no mu rwego rwo kwirinda ko hashobora kubaho imvururu mu gihugu.
Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X yagize ati “Nabikoze nyuma y’ibiganiro birebire”
Uyu mugabo w’imyaka 59 yatangiye iki gikorwa ashyigikira itsinda ry’urubyiruko rya Cockroach Janta Party (CJP), risaba ko Minisitiri w’Uburezi w’u Buhinde yegura ndetse hakagira impinduka zikorwa mu burezi.
Mbere yo guhagarika iki gikorwa, Wangchuk yavuze ko yatakaje ibilo 11, ariko ko yari akiri muzima. Yakuwe ku gahato aho yigaragambirizaga i Delhi ku wa Gatandatu ushize, ajyanwa kwa muganga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!