00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko kugenda intambwe 5000 ku munsi bigabanya ibyago byo gupfa imburagihe

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 13 August 2023 saa 12:19
Yasuwe :

Ubushakashatsi bwakozwe na Kaminuza nka Johns Hopkins University Medicine yo muri Amerika ifatanyije na Medical University of Lodz yo muri Pologne, bugaragaza ko gukora urugendo rutuma utera nibura intambwe zigera ku bihumbi bitanu buri munsi byakongerera amahirwe yo kugira ubuzima buzira umuze.

Ubwo bushakashatsi bwakorewe ku baturage 226,000 bo hirya no hino ku Isi, bwagaragaje ko no gutera intambwe 4,000 byonyine byagufasha kugabanya ibyago byo gupfa imburagihe.

Ni mu gihe gutera izisaga 2,300 biba bihagije mu kugira uruhare rwo gukora neza k’umutima wawe ndetse n’imiyoboro y’amaraso, naho uko wongera intwambwe utera akaba ari ko wongera amahirwe y’umumaro bigirira umubiri wawe muri rusange.

Guhera ku ntambwe 1,000 kugeza ku 20,000 bikongerera amahirwe yo kugabanya ibyago byo gupfa imburagihe ku kigero cya 15%.

Gusa itsinda ryakoze ubwo bushakashatsi ryagaragaje ko abari munsi y’imyaka 60 y’amavuko ari bo benshi bagerwaho n’izo ngaruka mu buryo bwiza.

Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), igaragaza ko buri mwaka abantu miliyoni 3.2 bicwa no kudakora imyitozo ngororamubiri ihagije, bikanagira uruhare mu ndwara zibereye Isi umutwaro zibasira abantu miliyoni 32.1.

Gukora siporo ituma utera intambwe nibura ibihumbi bitanu ku munsi ni ingenzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages