00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Umuforomo yafunzwe akekwaho kwiba imiti igabanya ubukana bwa SIDA

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 17 March 2026 saa 02:54
Yasuwe :

Umuforomo wo mu Kigo Nderabuzima cya Kassanda mu Karere ka Kassanda muri Uganda, yafashwe n’inzego z’ubuyobozi nyuma yo gutahura imiti igabanya ubukana bwa Virusi itera Sida ingana na dose zirenga ibihumbi 100, yahishe mu bwiherero bw’ibitaro akoreramo.

Uyu muforomo yatawe muri yombi nyuma y’ibikorwa Ikigo gishinzwe ubuziranenge bw’imiti muri Uganda (NDA), kimaze iminsi gitangije byo guhagarika ubujura bw’imiti ya Leta.

NDA igaragaza ko umuforomo watawe muri yombi yitwa Nsamba Swama. Yafatanywe imiti igabanya ubukana bwa virusi itera Sida ingana na dose ibihumbi 100, ibinini bya Aspirin bingana na dose ibihumbi 15 ndetse n’utwuma twifashisha mu gupima SIDA turenga 400.

Abashinzwe iperereza bavuze ko iyo miti basanze yahishwe n’uyu muforomo mu bwiherero bw’ibitaro byigenga akorera.

Kugeza ubu Nsamba afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi yo muri aka gace, ndetse biteganyijwe ko azagezwa imbere y’ubutabera ku cyaha aregwa cyo kwiba imiti ya Leta.

NDA igaragaza ko gutabwa muri yombi kwa Nsamba biri mu bikorwa uru rwego rumaze igihe rurimo byo gufata abantu biba ndetse bakanatunga imiti ya Leta mu buryo butemewe n’amategeko.

Kuva ibyo bikorwa byatangira mu 2019, NDA imaze gutahura imiti ifite agaciro kangana na miliyari 15 z’Amashilingi ya Uganda, ndetse hafashwe abarenga 60 barimo abakozi bo kwa muganga 43.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages