00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Perezida Museveni yavuze igituma ahora yambaye ingofero

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 December 2025 saa 10:57
Yasuwe :

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yatangaje ko umuhungu we, Gen Muhoozi Kainerugaba ari we wamugiriye inama yo kujya yambara ingofero ngo imirasire y’izuba itazamutera kanseri.

Biragoye kubona Perezida Museveni atambaye ingofero, haba ku manywa cyangwa nijoro ndetse n’ahasakaye kenshi aba ayambaye.

Perezida Museveni yasobanuye ko yatangiye kwambara ingofero yirinda kuzarwara kanseri y’uruhu.

Ati “Ni Gen Muhoozi wambwiye ngo nambare ingofero. Ntabwo nari mbizi, ni we wambwiye ngo ubwo ufite uruhara ugomba kujya wambara ingofero kuko siyansi ivuga ko ubwo udafite umusatsi imirasire y’izuba izagutera kanseri.”

Imirasire y’izuba (Ultraviolet) itera kanseri z’uruhu zo mu bwoko butandukanye cyane cyane ku bantu bahora ku zuba ryinshi kandi igihe kirekire.

Museveni akunze kwambara ingofero aho ari hose

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages