Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bagore 90 bakorera mu mirima y’umuceri muri Gambia, bamwe bakorera mu duce turimo izuba ryinshi abandi bakorera mu duce dukonja.
Abashakashatsi bo muri London School of Hygiene and Tropical Medicine basanze uko umubyeyi amara umwanya munini ku zuba ryinshi, bigira ingaruka ku mwana uri mu nda ye.
Gutembera kw’amaraso mu nda ikiri urusoro bigenda bigabanyuka uko umugore utwite ajya ku zuba ryinshi.
Aba bashakashatsi bavuze ko hakenewe ubushakashatsi bwimbitsi kugira ngo hagaragazwe izindi ngaruka zisumbuye z’ubwiyongere bw’ubushyuhe ku bagore batwite ndetse n’aho byahurizwa n’imihindagurikire y’ibihe.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!