Ni ikibazo cyabaye mu mpera za 2025, ariko kugeza uyu munsi kiri mu nkiko.
Uyu mugabo yavuze ko yavuye muri Tanzania agiye kureba umurambo w’umuvandimwe we mu buruhukiro bw’ibitaro bya Kenyatta National Hospital kugira ngo awucyure ujye gushyingurwa iwabo muri Tanzania.
Uyu mugabo wamaze no gutanga ikirego, yasobanuriye urukiko ko icyo gihe ibitaro byamusobanuriye ko habayeho kwibeshya umurambo we ugahabwa undi muryango ndetse uwo muryango wasoje ibikorwa byo gushyingura mu Karere ka Nyamira.
Kugeza ubu yitabaje urukiko rwa Milimani, arusaba uburenganzira bwo gutaburura umurambo w’umuvandimwe we, ndetse no gupima uturemangingo ndangasano (ADN) kugira ngo hatongera kubaho kwibeshya.
Uru rukiko rwarabimwemereye ndetse rusaba inzego z’umutekano muri ako gace kumufasha muri ibyo bikorwa no kumucungira umutekano.
Si ubwa mbere ibi bibaye muri iki gihugu kandi kuko hari umuryango wigeze gusabwa gutaburura umuntu wabo nyuma y’uko bamushyinguye bibwira ko ari umwana wabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!