00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uburangare bwatumye impinja z’impanga zipfa, ababyeyi barafungwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 2 July 2026 saa 03:59
Yasuwe :

Ababyeyi b’abana b’impanga b’abakobwa bari bafite amezi 15 bapfuye bazize kubura amazi mu majyaruguru y’u Bufaransa, bashinjwe icyaha cyo kutita ku bana babo ku buryo byabaviriyemo urupfu, ndetse banafungwa n’urukiko.

Nk’uko ubushinjacyaha bw’i Valenciennes bwabitangaje, aba babyeyi bafite imyaka 35 na 32 bashinjwa icyaha cyo kwica abana babo babatereranye no kutabitaho, nyuma y’uko impanga zabo ebyiri zibonetse zapfuye mu rugo rwabo i Beuvrages.

Ubushinjacyaha buvuga ko aba bana babonetse mu bitanda byabo bapfuye, nyuma y’uko ababyeyi bahamagaye ubutabazi bavuga ko babasanze batanyeganyega. Iperereza ryaje kwemeza ko impamvu y’urupfu ari umwuma.

Nyuma y’ibi byago, abandi bana bane bo muri uyu muryango bafite hagati y’imyaka ibiri n’igice n’itandatu bashyizwe mu maboko y’inzego zita ku mibereho y’abana.

Ubushinjacyaha kandi bugaragaza ko icyaha cyo kutita ku mwana utagejeje ku myaka 15 bikamuviramo urupfu gishobora guhanishwa igifungo kigera ku myaka 30 y’imirimo y’agahato mu buroko.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages