00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Buyapani: Abaganga bahanganye n’umutingito bakomeza kubaga umurwayi ku iseta

Yanditswe na IGIHE
Kuya 8 August 2026 saa 06:13
Yasuwe :

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umutingito ufite ubukana bwo ku rwego rwa 7,1 wibasiye amajyepfo y’u Buyapani ku wa 28 Nyakanga 2026, mu Bitaro Bikuru bya Kumamoto biherereye i Yatsushiro, igihe abaganga bari bari kubaga umurwayi bakomeza igikorwa cyabo nubwo ibikoresho byagwiriranaga mu cyumba.

Amashusho agaragaza ibikoresho byo kwa muganga bizenguruka mu cyumba ariko itsinda ry’abaganga rigakomeza ibikorwa byabo. Abaganga bafashe cyane ameza umurwayi yari aryamyeho kugira ngo bamurinde mu gihe cyose umutingito watigisaga inzu n’ibikoresho.

Uwo mutingito wangije bikomeye ibikorwa remezo n’imitungo. Uretse inzu nyinshi zasenyutse, hari inzu y’ubucuruzi yaguye, benshi bagwa munsi y’ibisigazwa byayo.

Imibare mishya igaragaza ko abantu 39 bapfuye, mu gihe 205 bakomeretse, barimo 23 bakomeretse bikomeye.

Izingiro ry’uwo mutingito yari muri Perefegitura ya Kumamoto, ku Kirwa cya Kyushu mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’u Buyapani, ku bujyakuzimu bwa kilometero 10.

Umutingito wari ufite ubukana bwa 7,1 ari rwo rwego rukomeye kurusha izindi Amashusho yo mu cyumba cyo kubagiramo agaragaza abaganga bakomeza igikorwa cyo kubaga, nubwo icyumba n’ibikoresho byari biri kunyeganyega cyane.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages