00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bushinwa: Robot zakuyeho agahigo ka muntu muri marathon

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 20 April 2026 saa 08:55
Yasuwe :

Imashini-muntu [robot] yegukanye intsinzi muri ‘Beijing Half Marathon’ ikoresheje iminota 50 n’amasegonda 26, ikuraho agahigo ka mbere ku Isi gaherutse gushyirwaho na Jacob Kiplimo wasoje isiganwa mu minota 57.

Kugereranya ibihe byakoreshejwe n’abantu n’ibyakoreshejwe na robots bishobora kumvikana ukundi. Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yavuze ko imodoka ye “ishobora gusiga igisamagwe”.

Gusa mu rwego rw’ikoranabuhanga rya robot, iyi ni intambwe ikomeye ugereranyije n’umwaka ushize kuko robot yihutaga cyane, yasoje isiganwa mu masaha abiri n’iminota 40.

Ibiro ntaramakuru The Associated Press byatangaje ko robot yatsinze uyu mwaka yakozwe n’uruganda rwo mu Bushinwa rukora telefoni ngendanwa rwitwa Honor.

Iyi robot yatsinze ntiwavuga ko ari yo yihuta cyane, kuko hari indi robot nkayo ya Honor yasoje isiganwa mu minota 48 n’amasegonda 19, ariko yo ikaba yaragenzurwaga hifashishijwe ikoranabuhanga rya kure [remote controlled].

Iyakoresheje iminota 50 n’amasegonda 26 yo yarikoreshaga.

Nk’uko byatangajwe n’ikigo cy’ikoranabuhanga cya E-Town i Beijing, hafi 40% bya robot zahatanye mu irushanwa zarikoreshaga, mu gihe 60% zagenzurwaga hifashishijwe ikoranabuhanga rya kure.

Si ko robot zose zitwaye neza kuko hari nk’imwe yaguye rugikubita, indi igonga imbago z’ikibuga, izindi zigira ibibazo bitandukanye.

Robot yakuyeho agahigo ka muntu muri half marathon
Robot zimwe zagiriye ibibazo mu irushanwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages