00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Buhinde:Imbeba yatumye indege isubizwa inyuma igitaraganya

Yanditswe na

Emma-Marie Umurerwa

Kuya 2 January 2016 saa 09:59
Yasuwe :

Kwikanga imbeba byatumye indege ya Air India yari mu kirere yerekeza i Londres ivuye i Mumbai mu Buhinde isubira ku kibuga cy’indege igitaraganya.

Nyuma y’amasaha atatu ifashe ikirere, indege y’ikompanyi ya Air India yari itwaye abagenzi 200 yasubiye aho yari iturutse, nyuma y’aho umwe mu bagenzi uvugiye ko abonyemo imbeba.

Ubuyobozi bw’iyi kompanyi bwavuze ko bwakoze ibi mu rwego rwo kwirinda ibibazo byavuka mu gihe imbeba yarya insinga zo mu ndege.

Abagenzi bose bari muri iyi ndege bahise bashyirwa mu yindi, urugendo rugana i Londres rurakomeza.

Urubuga rwa liberation dukesha iyi nkuru, rwatangaje ko ubuyobozi bwa Air India iyi ndege bwavuze ko hatangijwe iperereza, ariko hagati aho indege yahise iterwamo imiti yica imbeba n’utundi dukoko.

Si ubwa mbere indege yo mu Buhinde isubijwe inyuma n’impungenge zitewe n’imbeba, kuko muri Nyakanga 2015 indege yavaga mu murwa mukuru New Delhi yerekeza i Milan mu Butaliyani na yo yasubijwe inyuma igitaraganya hikanzwe imbeba.

Imbeba ishobora kurya insinga zo mu ndege bikaba byayiviramo gukora impanuka

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages