00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bufaransa: Imitungo ye yose yayiraze komine kuko bahuje izina

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 15 December 2024 saa 03:06
Yasuwe :

Roger Thiberville yasize araze imitungo ye ya miliyoni zisaga €10 Komine yo mu Bufaransa mu gace ka Normandie, abikora nta kindi agendeyeho uretse kuba bahuje izina.

Iyo Komine yahawe iyi mitungo yitwa Thiberville, ikaba ituwe n’abaturage 1800 gusa mu Majyaruguru y’u Bufaransa.

Roger Thiberville w’imyaka 91 yapfuye tariki 23 Kanama uyu mwaka. Byaje kumenyekana ubuyobozi bwa Komine ya Thiberville buhamagawe na noteri wari warasabwe n’uwo musaza, kuzatanga iyo mitungo ikandikwa kuri iyo Komine.

Meya wa Thiberville, Guy Paris yavuze ko agaciro k’umutungo uwo musaza yabasigiye gakubye gatanu ingengo y’imari basanzwe bakoresha mu mwaka. Yavuze ko bagiye kwifashisha iyo mitungo bubaka ibikorwa remezo by’ingenzi bikenewe.

Uwo musaza nta hantu na hamwe bigaragara ko yari afitanye isano na Komine ya Thiberville uretse kuba bitiranwa gusa. Ntabwo yigeze ahaba mu buzima bwe.

Komine ya Thiberville niyo yarazwe imitungo ya Roger Thiberville

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .