Iyo Komine yahawe iyi mitungo yitwa Thiberville, ikaba ituwe n’abaturage 1800 gusa mu Majyaruguru y’u Bufaransa.
Roger Thiberville w’imyaka 91 yapfuye tariki 23 Kanama uyu mwaka. Byaje kumenyekana ubuyobozi bwa Komine ya Thiberville buhamagawe na noteri wari warasabwe n’uwo musaza, kuzatanga iyo mitungo ikandikwa kuri iyo Komine.
Meya wa Thiberville, Guy Paris yavuze ko agaciro k’umutungo uwo musaza yabasigiye gakubye gatanu ingengo y’imari basanzwe bakoresha mu mwaka. Yavuze ko bagiye kwifashisha iyo mitungo bubaka ibikorwa remezo by’ingenzi bikenewe.
Uwo musaza nta hantu na hamwe bigaragara ko yari afitanye isano na Komine ya Thiberville uretse kuba bitiranwa gusa. Ntabwo yigeze ahaba mu buzima bwe.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!