Mu ijoro ryo ku wa 23 rishyira uwa 24 Ugushyingo 2025, abajura binjiye mu kigo cy’iyi sosiyete kibikwamo ibinyamujonjorerwa nyuma yo gukata senyenge zikizitiye, bajya mu nzu irimo ibikoresho utu dusimba turimo.
Umuyobozi w’iyi sosiyete, Jean-Mathieu Dauvergne, yatangarije Radio France Info ko abajura bakigera muri iyi nzu, basanzemo ibinyamujonjorerwa byinshi, birimo ibitari bisukuye ku buryo byaribwa ako kanya, batwara ibilo hafi 450.
Ibinyamujonjorerwa byibwe bifite agaciro k’amayero agera ku bihumbi 90. Aya arenga amafaranga y’u Rwanda (Frw) miliyoni 151.
Iyi sosiyete yatangaje ko igenamigambi ryayo ryapfuye kuko yateganyaga kugurisha ibinyamujonjorerwa byinshi mu minsi mikuru, ariko ko igiye gukora ibishoboka byose kugira ngo izahe abakiliya bayo ibyo bifuza.
Iti “Ni ibintu byatunguranye, bigoye gusobanukirwa kandi ni igihombo gikomeye. Turi gukora ibishoboka byose kugira ngo twongere ububiko bwacu, dushobore kubagezaho serivisi mu minsi mukuru isoza umwaka.”
Mu mafaranga L’Escargot Des Grands Crus yinjiza ku mwaka, 60% iyabona mu minsi mikuru. Abakiliya bayo ni restaurant zikomeye. Aborozi b’utu dusimba biyemeje kugurisha iyi sosiyete ku giciro gito mu kwifatanya na yo mu kababaro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!