Trump yavuze ko aya makuru yayahawe n’Urwego rw’Ubutasi rwa Amerika, CIA.
Abajijwe na Fox News niba ibyo CIA yamubwiye kuri Mojtaba Khamenei yarabanje kubigenzura, Trump yavuze ko ari inkuru izwi n’abandi bantu benshi, ndetse ashimangira ko kuba uyu mugabo aryamana n’abo bahuje ibitsina bitamushyira mu mwanya mwiza wo kuyobora Iran.
Ati “Yego barabivuze (CIA), ariko sinzi niba ari na bo bonyine babivuze. Ntekereza ko abantu benshi babizi, ibintu bimushyira (Khamenei) mu mwanya mubi by’umwihariko muri kiriya gihugu.”
Amakuru y’uko Mojtaba Khamenei aryamana n’abo bahuje igitsina yatangiye gusakara bwa mbere mu kwezi gushize binyuze mu kinyamakuru ‘New York Post’. Cyavuze ko uyu mugabo afitanye umubano wihariye n’umwarimu we wo mu bwana.
Aya makuru yatijwe umurindi n’andi yatangajwe na CBS News avuga ko mbere yo gupfa kwa Ali Khamenei wari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, yari ifite impungenge kuri uyu muhungu we wamusimbuye bitewe n’ikibazo gikomeye yari afite muri kamere ye, gusa iki kibazo nticyatangajwe.
Kuryamana kw’abahuje igitsina ni icyaha muri Iran, ndetse gihanwa bikomeye.
Mojtaba Khamenei yagiye ku butegetsi asimbuye se wishwe n’ibitero Amerika yagabye kuri Iran ku wa 28 Gashyantare 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!