Donald Trump Jr azashyingiranwa na Bettina Anderson. Trump yavuze ko ari ibirori bito bizabera mu muhezo. Anderson na Trump Jr batangiye gukundana mu 2024, bahana impeta yo kubana mu mpera za 2025.
Trump yavuze ko ubu atari igihe cyiza kuri we cyo kuba yakwitabira ubukwe, avuga ko ahuze cyane bitewe n’intambara ihanganishije igihugu cye, Israel na Iran hamwe n’ibindi bintu.
Ati “Ndi mu bintu byinshi. Murabizi, iki ntabwo ari igihe cyiza kuri njye. Mfite ikintu cyitwa Iran n’ibindi byinshi.”
Amagambo ye yatumye abantu bamwibasira ku mbuga nkoranyambaga, bamwe batangira kuvuga ko ari umubyeyi gito.
Hari uwagize ati “Ibaze kumva so abwira igihugu cyose ko atazi niba ubukwe bwawe butazahurirana na gahunda ze. Uyu muntu abona umwanya wo gukina golf ariko kwitabira ubukwe bw’umwana we bisaba kubitekerezaho neza.”
Abandi bavuze ko kuva intambara ya Iran yatangira, Trump amaze kujya gukina golf inshuro 14. Bavuze ko hari andi masaha menshi yamaze mu bintu bidatika ariko ubu yaburiye umwanya umwana we w’imfura ngo atahe ubukwe bwe.
Hari abandi bavuze ko ari ishyano kugira umubyeyi nka Trump.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!