00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Trump agiye kubaka ‘Arc de Triomphe’ ya mbere ndende ku Isi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 April 2026 saa 07:48
Yasuwe :

Ubutegetsi bwa Donald Trump bwashyize hanze igishushanyo mbonera cya ‘Arc de Triomphe’ cyangwa se urukuta rw’intsinzi i Washington rureshya na metero 76, rukaba urwa mbere rurerure ku Isi.

Uru rukuta rufite ishusho isa n’iy’urw’i Roma ruzwi nka Roman Arch of Titus. Rugaragaza intsinzi ya Titus mu ntambara ya mbere ubwami bw’abami bwa Roma bwatsinzemo Abayahudi muri 66–73/74 nyuma y’Ivuka rya Yezu/Yesu.

Urukuta nk’uru kandi rwubatswe mu Bufaransa hagamijwe guha icyubahiro ingabo za Napoleon Bonaparte zajyaga ku ruhamba zizwi nka ‘Grande Armée’ no kwishimira intsinzi y’urugamba rwa Austerlitz, ingabo z’u Bufaransa zarwanyemo n’ingabo za Autriche n’u Burusiya mu 1805.

Iki kimenyetso cy’intsinzi kizaba kiriho zahabu, gifiteho ishusho y’ikibumbano kimeze nka Statue de la Liberté gihagaze hejuru, ariko ikagira amababa nk’ay’abamalayika.

Ku nkuta zarwo hazaba handitseho amagambo agira ati ‘‘Igihugu kimwe mu biganza by’Imana’’ n’’Uburenganzira n’Ubutabera kuri bose’’.

Uru rukuta rugenewe kwibuka isabukuru y’imyaka 250 Amerika imaze itangaje ubwigenge bwayo mu 1776.

Ruzubakwa hagati y’urwibutso rwa Abraham Lincoln n’irimbi rya Arlington rishyinguyemo abarenga ibihumbi 430.

Kugira ngo uru rukuta rw’intsinzi rwubakwe bisaba ko umushinga we wemezwa na komisiyo ishinzwe ubugeni, igizwe n’abantu Trump yishyiriyeho.

Muri Mutarama 2026, Trump yavuze ko yifuza ko ‘Arc de Triomphe’ izaba ari yo ndende ku Isi.

Trump agiye kubaka Arc de Triomphe ndende cyane ku Isi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages