Uyu mukobwa w’imyaka 19 yatangiye gukekwa amababa ubwo yendaga kujya mu ndege yerekeza Taipei.
Utu tunyamasyo twavumbuwe ubwo uyu mukobwa yasakwaga ku kibuga cy’indege cya Suvarnabhumi Airport muri Bangkok bagasangamo ibyana by’utunyamasyo tuzwi nka ‘Indian Star Tortoises’ yari yahishe.
Utu tunyamasyo turengerwa n’Amahame Mpuzamahanga y’Ubucuruzi kuko turi mu binyabuzima bishobora gukendera, kandi tugurishwa amafaranga menshi cyane ku masoko ya magendu.
Utumyamasyo twose yari afite tubarirwa agaciro ka 9000 $.
Thailand ni cyo gihugu kibarizwamo abenshi mu bacuruza inyamaswa z’agasozi mu buryo butemewe n’amategeko, bazigurisha cyane ku isoko ritemewe n’amategeko ryo muri Aziya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!