Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bubinyujije ku rubuga rwa X, bwatangaje ko uyu mwana ari uwo mu Murenge wa Nyamyumba.
Bwavuze ko uyu mwana yanze gusiba ishuri, ahitamo kuhagira murumuna we amutegurira igikoma aramuheka amujyana ku ishuri.
Buti “Uwiringiyimana Ibrahim, wiga P2 kuri GS Rambo riherereye mu Murenge wa Nyamyumba, yahembwe n’ikigo nk’umunyeshuri w’ukwezi, wanze gusiba ishuri nk’uko umubyeyi we yabishatse, amusigira umwana, isaha igeze, yuhagiye umwana, amutegurira igikoma, aramuheka, ati ndiga muhetse, ariko sinsibe ishuri.”
Ubu butwari uyu mwana abugaragaje nyuma y’aho Minisiteri y’Uburezi iherutse gutangaza ko Leta y’u Rwanda yashoye miliyari zisaga 56 FRW, mu mushinga ugamije guhangana n’ikibazo cy’abana bata ishuri.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!