00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Umwana wiga mu wa kabiri yagiye kwiga ahetse murumuna we

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 11 March 2024 saa 06:04
Yasuwe :

Uwiringiyimana Ibrahim wiga mu mwaka wa Kabiri w’amashuri abanza mu Karere ka Rubavu, yanze gusiba ishuri, nyuma y’aho umubyeyi we amusigiye murumuna we, ahitamo kumujyana ku ishuri yigaho amuhetse.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bubinyujije ku rubuga rwa X, bwatangaje ko uyu mwana ari uwo mu Murenge wa Nyamyumba.

Bwavuze ko uyu mwana yanze gusiba ishuri, ahitamo kuhagira murumuna we amutegurira igikoma aramuheka amujyana ku ishuri.

Buti “Uwiringiyimana Ibrahim, wiga P2 kuri GS Rambo riherereye mu Murenge wa Nyamyumba, yahembwe n’ikigo nk’umunyeshuri w’ukwezi, wanze gusiba ishuri nk’uko umubyeyi we yabishatse, amusigira umwana, isaha igeze, yuhagiye umwana, amutegurira igikoma, aramuheka, ati ndiga muhetse, ariko sinsibe ishuri.”

Ubu butwari uyu mwana abugaragaje nyuma y’aho Minisiteri y’Uburezi iherutse gutangaza ko Leta y’u Rwanda yashoye miliyari zisaga 56 FRW, mu mushinga ugamije guhangana n’ikibazo cy’abana bata ishuri.

Uyu mwana yagiye kwiga ahetse murumuna we

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages