00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Polisi yasubije umumotari amafaranga yari yataye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 13 May 2026 saa 03:50
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda yasubije Hatangimana Jean de Dieu amafaranga ibihumbi 500 Frw yari yataye mu muhanda Remera-Giporoso ku wa 23 Mata.

Ubutumwa Polisi yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo bugaragaza Umuvugizi wayo, ACP Boniface Rutikanga ahereza amafaranga umugabo wambaye imyambaro y’abamotari.

Polisi iti “Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yashyikirije Hatangimana Jean de Dieu amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 500 Frw yari yataye ku wa 23 Mata 2026 mu muhanda wa Remera–Giporoso, mu Karere ka Gasabo.”

Polisi yari yarangishije aya mafaranga ku wa 27 Mata 2026 ivuga yatoraguwe, isaba nyirayo arasabwa kujya kuyafata ku ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda ku Muhima, yitwaje indangamuntu kandi yiteguye gusubiza ibibazo bizafasha kwemeza ko ari aye.

Hatangimana Jean de Dieu yashyikirijwe ibihumbi 500 Frw yari yataye ku wa 23 Mata 2026
ACP Rutikanga yashyikirije Hatangimana Jean de Dieu amafaranga yari yataye i Remera

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages