Aljazeera yanditse ko amasasu yumvikanye ubwo abasirikare bafite imbunda n’abapolisi bafite ingabo binjiraga mu ngoro y’inteko ishinga amategeko.
Umunyamakuru wa Aljazeera yavuze ko yumvise amasasu 15 ariko ntihamenyekanye uwarashe.
Senateri Ronald dela Rosa yari yatangaje ko ashobora gutabwa muri yombi, asaba abaturage kujya ku ngoro y’inteko ishinga amategeko kuburizamo itabwa muri yombi rye no koherezwa mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha.
ICC yashyize hanze impapuro zo guta muri yombi dela Rosa zashyizweho mu Ugushyingo 2025, akekwaho ibyaha byibasiye inyokomuntu, ibyaha Rodrigo Duterte ashinjwa, ndetse ategereje kuzaburanira mu rukiko rw’i Hague mu Buholandi. Dela Rosa yahakanye ibyaha byo kwica ashinjwa.
Dela Rosa yari umwe mu bapolisi bakuru mu butegetsi bwa Duterte hagati ya 2016 na 2018. Yagize uruhare mu gushyira mu bikorwa gahunda zo kurwanya ibiyobyabwenge, aho polisi ivuga ko zishwemo abantu 6000.
Polisi ya Philippine ivuga ko abantu barashwe babaga bari kurwanya abashinzwe umutekano bagiye kubata muri yombi, igahamya ko batishwe mu mugambi wari wateguwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!