00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Trump yaba agiye gukoresha imiti igabanya ibiro?

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 26 March 2025 saa 01:29
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump aravugwaho kuba yaba agiye gukoresha imiti ya ‘Ozempic’ ikoreshwa n’abarwayi ba Diabètes, gusa akayikoresha mu rwego rwo kugabanya ibiro.

Mu minsi ishije Perezida Trump yanenze ifoto ye yashyizwe mu biro bikuru bya Leta ya Colorado, aho yavuze ko yakozwe nabi ndetse ko imugaragaza nk’ubyibushye cyane kurenza uko abyibushye.

Ibi yabigarutseho mu butumwa burebure yanyujije ku rubuga rwa Truth Socials, aho yanahise asaba ko iyi foto ikurwa muri ibi biro igasimbuzwa indi.

Kuri ubu amakuru ataruka mu bari hafi ye, avuga ko Trump atekereza gukoresha imiti igabanya ibiro nk’uko Radar Online yabitangaje.

Umwe mu batangaje ibi yagize ati “Trump ntabwo yishimiye iriya foto ariyo mpamvu yasabye ko yahita imanurwa igitaraganya. Yamugaragazaga ko ari munini cyane. Atekereza ko niba koko angana kuriya, yahita akoresha imiti ya Ozempic”.

Ozempic ni umuti w’abarwayi ba Diabètes ukoreshwa mu kugabanya ikigero cy’isukari mu mubiri, gusa unazwiho kuba ugabanya ibiro ariyo mpamvu benshi mu byamamare byo muri Amerika basigaye bawukoresha.

Kuba Trump yakoresha uyu muti ntibyatungurana kuko na Elon Musk usigaye umuba hafi nawe akoresha uyu muti nk’uko yabitangaje mu 2024.

Mu bindi byamamare bizwiho kuba bikoresha uyu muti mu kugabanya ibiro harimo Oprah Winfrey, Amy Schumer, Tracy Morgan, Lizzo, Drake n’abandi

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump aravugwaho kuba yaba agiye gukoresha imiti ya ‘Ozempic’

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .