Yabigarutseho ku wa 10 Mata 2026, ubwo Kenya yari igiye kugirana amaserano na Zaria Group yo kubaka ibikorwaremezo birimo inzu igezweho y’imikino n’agace k’imyidagaduro.
Perezida Ruto yavuze ko mu bantu bitabiriye iki gikorwa cyabereye mu biro bye hitabiriye abantu bambaye nabi ku buryo wagira ngo babafatiye mu nzira bagenda.
Ati “Maze kwitegereza abantu bitabiriye iki gikorwa harimo na Guverineri wa Nairobi, nahise nibaza niba bari aho bakwiye kuba bari cyangwa bafatiwe mu nzira bagahita bazanwa. Uburyo bambaye, wagira ngo ntibari bazi ko bagiye mu biro bya perezida.”
Ruto yavuze ko mu kindi gihe nihaba hari ibirori bikomeye mu biro bye azasaba abo ku marembo gukumira abambaye nabi.
Ati “Ubutaha nzabwira abo ku marembo bazababuze kwinjira by’umwihariko igihe baje mu gikorwa gikomeye nk’iki. Ujiri nashaka kukubwira ko uburyo aba bantu bambaye bidafite aho bihuriye n’uburemere bw’iki gikorwa. Tugifata nk’igikorwa gikomeye.”
Mu masezerano Kenya yagiranye na Zaria Group harimo kubaka inzu y’imikino n’imyidagaduro [Modern Arena] n’ibindi bikorwaremezo by’imyidagaduro mu Mujyi wa Nairobi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!