00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Ndayishimiye yakozanyijeho na ’Imbwa Itukura’

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 23 April 2026 saa 11:30
Yasuwe :

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yahanganye n’Umurundi wiyise ‘Imbwa Itukura’ ku mbuga nkoranyambaga, agaragariza Abarundi ko ntawe ukwiye kumwizera kuko uwiyise iri zina nta kizima aba afite cyo kuvuga.

Nubwo yiyise ‘Imbwa Itukura’, Abarundi bamuzi bahamya ko ari umwe mu bayobozi bakomeye mu Burundi, kandi ko amakuru atangaza aba ayahagazeho, cyane ko ibyinshi mu byo ateguza ko bizaba birangira bibaye.

Tariki ya 18 Mata, uyu Murundi yatangaje ko ishyaka CNDD-FDD riri gutegura inama nkuru iteganyijwe tariki ya 26 Mata 2026, byitezwe ko izafatirwamo umwanzuro wo kugena Ndayishimiye nk’umukandida uzarihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

‘Imbwa Itukura’ umaze imyaka ibiri akoresha urubuga X, yatangaje ko Ndayishimiye ashaka ko igihe amatora y’Umukuru w’Igihugu abera gihinduka, kikaba muri Mutarama cyangwa Gashyantare, aho kuba muri Gicurasi nk’uko byari bisanzwe.

Ku wa 22 Mata, ubwo Ndayishimiye yatangizaga ibikorwa byo gusobanurira abaturage gahunda y’amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu 2027, muri Stade Ingoma mu Ntara ya Gitega, yibasiye bikomeye ‘Imbwa Itukura’, avuga ko uwiyise ‘imbwa’ adakwiye gufatwa nk’umuntu muzima.

Ndayishimiye yagize ati “Hariho Umurundi wiyise imbwa. Iyo mbwa yihaye n’ibara ngo iratukura. Yabaye acyumva ko hagiye gutegurwa amatora, urumva ni imbwa nyine, nta kundi. Umuntu urinze yiyita imbwa, akiha n’ibara, aba ari imbwa, ntekereza ko nta wamukurikira.”

Uyu Mukuru w’Igihugu yatangaje ko nta gahunda ihari yo guhindura igihe amatora abera, ahubwo ko ‘Imbwa Itukura’ yabitangaje ishaka guhahamura Abarundi, icyakoze ko icyiza ari uko nta muntu ushobora kwizera uyu Murundi.

Ku wa 22 Mata, ‘Imbwa Itukura’ yahise asubiza Ndayishimiye, amushimira ko yafashe umwanya akamuvugaho, yongeraho ati “Gusa ndakwibutsa, ibyo mvuga uba wabivuze twicaranye. N’ayo matariki uyahinduye kuko mbivuze.”

Uyu Murundi yatangaje ko icyo Ndayishimiye adashobora guhakana ari uko hateganyijwe inama ya CNDD-FDD igamije kumwongeza manda, ateguza ko mu gihe kiri imbere azasobanura uko umugambi wo kumugumisha ku butegetsi wateguwe.

Perezida Ndayishimiye yagaragaje ko Umurundi wiyise 'Imbwa Itukura' atari muzima
'Imbwa Itukura' yasubije Ndayishimiye ko atangaza ibyo aba yavuze bicaranye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages