Nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya Perezida w’u Burundi (Ntare Rushatsi), Angeline Ndayishimiye yakiriwe na Perezida Ndayishimiye mu ngoro ya Kiriri, aho yamushyikirije ibihembo bibiri mpuzamahanga uyu mugore yahawe mu rwego rwo ‘gushima ibikorwa bye’.
Ibyo bihembo ni icya United Nations Population Award, ndetse n’icya Global Health Award.
Igihembo cy’Umuryango w’Abibumbye cyahawe umugore wa Ndayishimiye byatangajwe ko yagihawe hashingiye ku bikorwa bye ‘bijyanye no guteza imbere ubuzima bw’abagore n’abana, uburezi ndetse n’ibikorwa bigamije gufasha abatishoboye’. Naho Global Health Award cyo kikaba ari icyo yahawe kubera ‘uruhare n’ubuyobozi yagaragaje mu bikorwa by’ubuzima rusange.’
Nyuma yo kumwakira no kureba ibyo bihembo, Perezida Ndayishimiye, yashimiye umugore we kuri ibyo bihembo, avuga ko atari icy’umuntu ku giti cye gusa, ahubwo ko anahesha icyubahiro igihugu cy’u Burundi.
Iki gikorwa cyabaye nyuma y’uko Angeline Ndayishimiye yari amaze kuzenguruka mu mihanda y’i Bujumbura yereka abaturage ibi bihembo yegukanye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!