00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Joe Biden yagaragaye ahondobera mu nama

Yanditswe na Umutoni Rosine
Kuya 5 December 2024 saa 08:15
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yagaragaye asinziriye mu nama yiga ku mushinga wa gari ya moshi muri Angola.

Ni umushinga wa gari ya moshi uzwi nka Lobito Trans-Africa Corridor railway izahuza ibice bya Zambia, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Angola.

Amashusho yashyizwe hanze ubwo inama yabaga, Biden yagaragaye ikiganza cye gipfutse mu maso nk’umuntu uri guhondobera. Byabaye ubwo intumwa ya Tanzania yagaragazaga icyo umushinga uzamarira icyo gihugu.

Ibinyamakuru mpuzamahanga byatangaje ko Biden yamaze amasegonda 80 asinziriye.

Ibiro bya Perezida wa Amerika byatangaje ko Biden yiyemeje ko igihugu cye kizatanga miliyoni 560$ yo gutera inkunga uwo mushinga, bikazatuma amafaranga yose Amerika izatanga kuri uwo mushinga agera kuri miliyari $4.

Si ubwa mbere Biden agaragaye asinziriye mu ruhame kuko no muri Kamena uyu mwaka, yemeye ko yasinziriye mu kiganiro mpaka yagiranye na Donald Trump.

Icyo gihe yavuze ko byatewe n’ingendo ndende yari amazemo iminsi, nubwo hari abandi babihuza n’imyaka ye dore ko afite 82.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .