00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Papa Léon XIV afite inkomoko ku birabura

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 14 May 2025 saa 04:49
Yasuwe :

Amatora ya Papa aheruka kuba mu cyumweru gishize ku wa 8 Gicurasi 2025, yatumye handikwa amateka kuko yo kugira Umunyamerika wa mbere, Robert Francis Prevost, atorerwa kuba Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, ahitamo kwitwa Papa Léon XIV.

Hari byinshi bitangaje kuri uyu mushumba mushya wa Kiliziya Gatolika ku Isi, gusa uyu munsi turagaruka uburyo uyu mu Papa afite inkomoko ku birabura binyuze mu Muryango w’Aba-Creole wo muri Leta ya Louisiana muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibi byashyizwe hanze ku wa 13 Gicurasi 2025 n’umuhanga mu gushaka inkomoko z’abantu, Jari C. Honora, ubwo yamurikiraga The New York Times ubushakashatsi yakoze ku nkomoko ya Papa Léon XIV.

Honora agaragaza ko ubushakashatsi yakoze yifashishije ibitabo bitandukanye by’amateka ndetse n’ibirimo imyirondoro y’abantu batuye mu mujyi wa New Orleans wo muri iyi Leta bigaragaza ko igisekuru cya Papa Léon XIV gikomoka muri uyu muryango w’aba-Creole.

Bugaragaza kandi ko mu bitabo bitandukanye by’irangamimerere, ababyeyi bamubyaye ari bo Joseph Martinez na Louise Baquié banditsemo nk’abirabura, bashakaniye mu rusengero ruherereye mu gace gatuwe n’abirabura muri uyu mujyi wa New Orleans.

Gusa ubundi Papa Léon XIV yakuriye i Chicago, aho kuba i New Orleans kubera ko bamwe bo muri uwo muryango w’aba-Creole bagiye bimuka aho bari batuye bajya gushaka ubuzima mu bindi bice by’igihugu.

Papa Léon XIV byavuzwe ko akomoka ku babyeyi bo mu gisekuruza cy'abirabura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .