00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mwene wabo wa Visi Perezida wa Uganda yakoze agashya mu irahira rye (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 June 2026 saa 04:07
Yasuwe :

Umwe mu bafitanye isano na Visi Perezida wa Uganda, Jessica Alupo ni umwe mu bakomeje kugarukwaho kubera imyitwarire yagaragaje ubwo uyu mugore yarahiriraga izi nshingano muri manda ya karindwi ya Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Umuhango wo kurahira ku bagize Guverinoma nshya muri Uganda wabaye ku wa Mbere tariki 8 Kamena 2026. Jessica Alupo wari Visi Perezida muri manda ishize, yongeye kugirirwa icyizere, ahabwa uyu mwanya, ndetse ni umwe mu barahiye kuri uwo munsi.

Ubwo Alupo yajyaga kurahirira izi nshingano, yaherekejwe n’abo mu muryango we.

Alupo ageze hagati avuga indahiro ye, umwe mu bo mu muryango we wari wasazwe n’ibyishimo yananiwe kwihangana, amuca mu ijambo, atangira kuvuga amagambo menshi ashima Perezida Museveni.

Uyu mubyeyi yumvikanye agira ati “ayiii, Perezida Museveni Imana iguhe umugisha, Museveni urakarama, Guverinoma yawe irakarama, Alupo arakarama. Uzaba Perezida wa Afurika. Warakoze cyane ku buyobozi bwawe.”

Nyuma yo gutuza k’uyu mubyeyi, Alupo yakomeje indahiro.

Ibyakozwe n’uyu mubyeyi byafashwe nk’ibidasanzwe kuko abaherekeje umuyobozi ugiye kurahira nta kintu baba bagomba kuvuga, ndetse nta n’umwanya w’ijambo bahabwa. Ni yo mpamvu byatangaje abari muri uyu muhango, ndetse bikaba bikomeje kugarukwaho n’abakoresha imbuga nkoranyambaga.

Jessica Alupo yaherekejwe n’umubyeyi we muri uyu muhango

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages