00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria: Umunyeshuri utambaye isutiye ntiyemererwa gukora ikizamini

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 19 June 2025 saa 11:43
Yasuwe :

Kaminuza ya Olabisi Onabanjo yo muri Nigeria, yarikoroje nyuma yuko hasohotse amashusho agaragaza abanyeshuri b’abakobwa basakwa mu mabere ngo harebwe ko bambaye amasutiye, mbere yuko binjira mu kizamini.

Ayo mashusho yacishije ururondogoro benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, gusa umuyobozi w’abanyeshuri muri icyo kigo yabwiye BBC ko kwambara isutiye bisanzwe biri mu mategeko y’ikigo mu rwego rwo kutarangaza abanyeshuri bagenzi babo.

Haruna Ayagi uharanira uburenganzira bwa muntu, yavuze ko abanyeshuri babishaka bajya kurega iyo kaminuza kuko yahohoteye uburenganzira bwabo.

Yagize ati “Gukorakora umuntu nta burenganzira yaguhaye ni uguhonyora uburenganzira bwe kandi bishobora gukurikiranwa n’amategeko. Iyi kaminuza iri gukora amakosa mu buryo ikoresha bwo guhangana n’imyambarire idahwitse.”

Umuyobozi Mukuru w’iyi kaminuza, Muizz Olatunji, abinyujije ku rubuga rwa X, yavuze ko amategeko y’imyambarira yagaragaye mu mashusho atari mashya, kuko yashyizweho kugira ngo bimakaze umuco wo kwambara byiyubashye.

Yagize ati “Amategeko y’imyambarire agamije kurinda abanyeshuri ibirangaza, ashishikariza abanyeshuri kwambara byiyubashye bijyanye n’indangagaciro z’ikigo.”

Si ibyo gusa uyu muyobozi yagaragaje ko imyambarire irangaza yaba uwo bahuje igitsina cyangwa uwo batagihuje, iba ari imyenda itiyubashye.

Kaminuza yo muri Nigeria yabujije abakobwa batambaye amasutiye gukora ibizamini

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .