00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu makuru anyuzwa kuri TikTok, 20 % ni ibihuha - Ubushakashatsi

Yanditswe na Léana Bisa
Kuya 23 September 2022 saa 04:18
Yasuwe :

Mu gihe TikTok irushaho kwitabirwa n’urubyiruko muri iyi minsi, ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko 20% by’amakuru ayinyuzwaho aba ari ibihuha.

Ni ubushakashatsi bwakozwe na sosiyete yo muri Amerika izobereye mu kwerekana amakuru y’ibinyoma, NewsGuard.

Yagaragaje ko amakuru y’ibinyoma aboneka kuri TikTok ari ikibazo kuko uko urubyiruko ruyikoresha ari rwinshi, rukizera ibihanyuzwa kandi bimwe ari ibinyoma.

Abashakashatsi bagenzuye TikTok na Google muri uku kwezi kugira ngo babone amakuru akwirakwiza kuri izo mbuga nk’amatora ya Perezida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, intambara y’u Burusiya na Ukraine ndetse n’ibijyanye no gukuramo inda.

Herekanywe ko kuri TikTok, mu mashusho 20 atambutse, akenshi atanu aba arimo amakuru y’ibihuha.

NewsGuard yaragagaje ko ugereranyije na TikTok, Google itanga amakuru y’ukuri ku rwego rwisumbuyeho.

Mu gusubiza raporo ya NewsGuard, umuvugizi wa TikTok yatangarije CNN ko ibiri muri iyi raporo atabyemera, kandi ko TikTok ifite umurongo ngenderwaho.

Ati "Umurongo ngenderwaho wacu ugaragaza neza ko tutemerera amakuru y’ibinyoma yangiza, harimo n’amakuru atari yo yerekeye ubuvuzi, amakuru y’ibinyoma turayasiba."

Muri uyu mwaka gusa, mu mashusho miliyoni 102 yakuweho na TikTok mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2022, kubera ko yarenze ku mategeko.

TikTok yahakanye amakuru y'uko ibinyuzwaho 20 % biba ari ibihuha

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages