Ibyo Minisitiri Healey yabivuze ubwo yasubizaga ikibazo cy’umunyamakuru wa Kiev Independent mu ruzinduko yari yagiriye muri Ukraine mu mpera z’iki cyumweru.
Uyu munyamakuru yabajije Minisitiri Healey umukuru w’igihugu yashimuta ku Isi bibaye ngombwa, undi ati “Nafata Putin nkamushyira muri kasho kuko akora ibyaha by’intambara birimo no gushimuta abana muri Ukraine.”
Amagambo ya Minisitiri Healey aje nyuma y’icyumweru kimwe Amerika itaye muri yombi Nicolas Maduro wayoboraga Venezuela n’umugore we ibajyana muri Amerika ibashinja uruhare mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge. Ni igikorwa benshi bagereranyije n’ubushimusi kuko Maduro n’umugore we basanzwe mu rugo rwabo i Caracas.
Ni ibintu kandi bamwe bashingiyeho basaba Perezida Vladimir Zelensky wa Ukraine gusaba Amerika gukorera u Burusiya nk’ibyo yakoreye Venezuela.
Byageze aho Perezida Zelensky avuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika izi icyo igomba gukurikizaho, benshi babifata nk’aho ari ukuyisaba guta muri yombi Perezida Putin, ariko Perezida Donald Trump wa Amerika ubwo yabibazwaga n’abanyamakuru yabyamaganiye kure.
Mu minsi ishize, u Bwongereza bwigaragaje nk’umwe mu bafatanyabikorwa bakomeye ba Ukraine mu ntambara ihanganyemo n’u Burusiya ndetse Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bwongereza yasabye abaturage kwakira mbere ko icyo gihugu gishobora gushyamirana n’u Burusiya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!