Iki kigo cyatangaje ko iri koranabuhanga risuzuma amafoto n’amashusho rigashakisha ibimenyetso bigaragara ku mubiri w’umuntu nk’uburebure bwe n’imiterere y’amagufwa ye, kugira ngo rimenye imyaka ye.
Meta yasobanuye ko ubu buryo atari ubwo kumenya umuntu hifashishijwe isura ye [facial recognition], ahubwo ari uburyo bwo kureba imiterere rusange y’umubiri.
Iyi sisitemu kandi isoma inyandiko ziri kuri paji z’abakoresha izi mbuga, igashakisha ibimenyetso nk’amanota yo ku ishuri cyangwa ibirori byihariye byizihirizwaho isabukuru y’amavuko.
Konti y’umuntu nizajya ikekwaho kuba iy’umwana, izajya ihita ihagarikwa by’agateganyo kugeza igihe nyirayo agaragarije ibyemezo byemewe bigaragaza imyaka ye nyakuri.
Iri tangazo rije nyuma y’igihe gito urukiko muri Leta ya New Mexico rutegetse Meta kwishyura amande ya miliyoni 375$, kubera kuyobya rubanda ku bijyanye n’umutekano w’imbuga zayo no gushyira ubuzima bwo mu mutwe bw’abana mu kaga.
Ku rundi ruhande Meta iri kwagura uburyo bwayo bugenewe konti z’ingimbi n’abangavu. Ubu buryo buha abo muri iki cyiciro konti ziri ‘private’ gusa, kandi bukagena umubare w’abantu bashobora kuboherereza ubutumwa bwite.
Ubu buryo buri kugezwa ku rubuga rwa Instagram mu bihugu 27 byo mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi no muri Brésil.
Meta iteganya no kugeza iri koranabuhanga ku rubuga rwa Facebook muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku nshuro ya mbere, rikaba riteganyijwe no kuzagezwa mu Bwongereza no mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi muri Kamena uyu mwaka.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!