00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Manyinya yagamburuje abakozi bo mu ndege, bituma urugendo rusubikwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 July 2026 saa 09:19
Yasuwe :

Indege ya British Airways yagombaga kuva i Barbados yerekeza i Londres mu mpera z’icyumweru gishize, yasubitse urugendo nyuma y’uko bigaragaye ko bamwe mu bakozi bayo bari banyoye inzoga nyinshi ku mugoroba wari wabanje.

Abagenzi 336 bari bategereje urugendo babwiwe ko indege itagihagurutse, ariko ntibahabwa ibisobanuro byumvikana ako kanya. Nyuma byaje kumenyekana ko bamwe mu bari bagize itsinda ry’abakozi b’indege bari baguwe nabi n’inzoga nyinshi banyoye.

Amakuru avuga ko abakozi ba British Airways bari basohokeye muri hoteli nziza bari bacumbitsemo. Abari bahari bavuze ko banyoye vodka n’izindi nzoga nyinshi, ku buryo umwe mu bakobwa bakora mu ndege yarutse mu kabari, naho undi mugabo bikaba ngombwa ko ajyanwa mu cyumba cye bamukurura.

Bamwe mu bakiliya bacumbitse muri iyo hoteli batangiye gufata amashusho abo bakozi bari bambaye imyenda y’akazi, bavuga amagambo yo kwihagararaho bati “Turi aba British Airways, muratugira mute?”

British Airways yatangaje ko abakozi bane bahise bahagarikwa by’agateganyo, ndetse ko yatangije iperereza ryihuse. Iki kigo cyavuze ko gisaba abakozi bacyo kurangwa n’imyitwarire yo ku rwego rwo hejuru, cyane cyane mu kazi kajyanye n’umutekano w’abagenzi.

Urugendo rw'indege rwahagaritswe kuko abakozi bari baraye banyoye inzoga bagasinda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages