Iyi mbeba yari imaze amezi atandatu mu kiruhuko cy’izabukuru yahawe nyuma yo kumara imyaka itanu ikora akazi ko gutegura ibisasu byihishe mu butaka muri iki gihugu.
BBC yatangaje ko Magawa ipfuye yeshejeje umuhigo wo gutegura ibisasu birenga 100 n’ibindi biturika byatewe muri Cambodia mu gihe cy’intambara ya Vietnam.
Ni ibintu yari yaratojwe n’ikigo cy’Ababiligi cya Apopo gikorera muri Tanzania kizwiho ubunararibonye mu gutoza imbeba gutegura ibisasu.
Ubuyobozi bw’iki kigo bwatangaje ko iyi mbeba yapfuye mu mahoro ndetse ko mu minsi yayo ya nyuma yagiye icika intege ndetse ikabura ubushake bwo kurya.
Bwakomeje buti “Twese kuri Apopo tubabajwe n’urupfu rwa Magawa, turayishimira akazi gakomeye yakoze kubera impano yari ifite yo kwihumuriza. Iyi mpano yatumye abatuye Cambodia babasha kubaho, bagakora kandi bagakina badafite ubwoba bwo guturikanwa n’igisasu.”
Iki kigo cyatangaje ko iyi mbeba yari ifite ubushobozi bwo gutegura ibiturika mu murima ungana nk’ikibuga cya tennis mu minota 30, mu gihe umuntu ukoresha utwuma tubisaka byamutwara hagati y’umunsi umwe n’iminsi ine.
Magawa yapimaga ikilo kimwe n’amagarama 200, ikagira uburebure bwa santimetero 70.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!