Ni umwanzuro wafashwe n’umucamanza D.K.N. Magare, avuga ko ubusanzwe mu muco iyo habayeho gatanya iwabo w’umukobwa basubiza inkwano iwabo w’umuhungu nk’ikimenyetso cyerekana ko abana babo batandukanye.
Ati “Mu muco gushyingirwa birangizwa no gusubiza inkwano. Uzasubiza inkwano hagati ye n’ababyeyi be ntacyo bimaze, kuko afite imyaka ibiri yo kurega se agasubiza inkwano igihe yaba yanze kuyitanga.”
Uyu mucamanza kandi avuga ko inkwano izajya isubizwa yose uko yakabaye yaba ari inka cyangwa amafaranga ndetse nyuma y’ubutane ntawe ufite icyo agomba undi mu bijyanye n’imibereho.
Ku bijyanye n’abana Magare avuga ko abana bafite uburenganzira ku babyeyi bombi, ndetse ababyeyi bagomba gusangira inshingano zo kubarera.
Ati “Umugabo ashobora kuba mubi ariko ntibimugira umubyeyi mubi, abana bafite uburenganzira busesuye ku babyeyi bombi.”
Uyu mwanzuro wateje impaka cyane muri iki gihugu ndetse bivugwa ko ugiye kujya wifashishwa mu guca imanza z’ubutane muri iki gihugu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!