Abaturanyi b’uyu mugabo mu Ntara ya Kakamega, bavuga ko babonye umurambo we unagana ku gisenge cy’inzu ye, mu ijoro rishyira kuri iki Cyumweru.
Umuryango we wari uyobowe na nyina, Alice Omwenje, wavuze ko nyakwigendera yahozwaga ku nkeke n’ikigo gitanga inguzanyo mu buryo bw’ikoranabuhanga, yari abereyemo 30 000 Ksh cyamugurije, ni ukuvuga hafi ibihumbi 270 Frw.
Uyu mugabo ngo yabashije kwishyura igice gito cy’iyo nguzanyo ariko ngo ntiyabasha kwishyura amafaranga yose kubera ibibazo by’ubukungu yari arimo muri iyi minsi.
Uwamugurije ariko ngo ntiyabyitayeho, ku buryo yamushyize ku nkeke mu cyumweru gishize cyose.
Nyuma y’uko uyu mugabo yiyahuye, umuryango we watangaje ko inzu yaguyemo igomba gusenywa bijyanye n’umuco wabo, nk’uko ikinyamakuru The Citizen cyabitangaje.
Muri ako gace ngo iyo umuntu yiyahuye ntabwo ajyanwa mu irimbi, ahubwo ahambwa aho yapfitiye ndetse ntihagire umuhango ukorwa wo kumusezeraho mu cyubahiro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!