Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, ahagana Saa 8:00 zo muri Kenya, aba baturage bo mu gace Thika muri Kiambu, basanze impyisi iri kurya ibisigazwa bikomoka ku bworozi bw’inkoko.
Amakuru yashyizwe hanze n’itangazamakuru ryo muri Kenya avuga ko aba baturage bahise bagota iyi mpyisi, barayica ndetse barayibaga. Inzego zishinzwe kurengera inyamaswa zahise zihagera, ariko zisanga bamwe mu baturage bahunganye inyama zayo ziganjemo izo mu nda.
Ikigo cya Kenya gishinzwe kubungabunga inyamaswa zo mu gasozi cyahise gisohora itangazo gisaba aba baturage kwirinda kurya izi nyama z’impyisi.
Cyavuze ko impyisi nk’inyamaswa yo mu gasozi ishobora gutera indwara zitandukanye zirimo ibisazi by’imbwa, Anthrax, Brucellosis, Salmonella na E. coli.
Nubwo iri tangazo ryasohotse, bivugwa ko hari abariye izi nyama kuko hari umuryango wo muri aka gace wari mu byishimo ko umugabo waho yacyuye ibilo bine by’inyama, kandi asanzwe atahana ikilo kimwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!