00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya: Ashaka ko uburemba bufatwa nk’ubumuga

Yanditswe na Mutangana Elie
Kuya 4 September 2026 saa 08:45
Yasuwe :

Umugabo wo muri Kenya witwa Dr Benson Kibore yasabye Inteko Ishinga Amategeko ko uburemba cyangwa kutagira ubushobozi bwo gukora imibonano mpuzabitsina byafatwa nk’ubumuga busanzwe.

Uyu mugabo yagaragaje ko iki ari ikibazo gikwiye kwigwaho mu buryo bw’amategeko ndetse na Leta igatekereza icyo yagikoraho mu rwego rwo kurengera abagifite.

Kibore yagaragaje ko uburemba cyangwa kutagira ububasha bwo gukora imibonano mpuzabitsina bidakwiye gufatwa nk’ikibazo cy’umuntu ku giti cye ahubwo ko ari ikibazo cy’ubuzima kandi gihangayikishije.

Nubwo muri iki gihugu bivugwa ko iki kibazo gihangayikishije cyane cyane mu bagabo bakuze, imibare igaragaza ko no mu bakiri bato naho gihari kandi ko imibare ikomeje kwiyongera.

Ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko 10,4% by’abasore muri Nairobi bafite ikibazo cy’uburemba.

Kibore asaba ko Leta yashyira uburemba cyangwa kutagira ubushobozi n’ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina mu bibazo by’ubuzima bikwiriye kujya mu bwishingizi rusange kuburyo yaba; ubuvuzi, gusuzuma ndetse n’ubujyanama byajya bitangwa ku bafite icyo kibazo mu buryo bwemewe n’amategeko.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages