00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intambara y’amagambo hagati ya Papa Leon XIV na Trump yubuye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 5 May 2026 saa 11:05
Yasuwe :

Mu gihe Umunyabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio ateganya kujya i Vatican ku wa Kane, Perezida Trump yavuze ko Papa Leon XIV yakabaye avuga ibyiza byo kuba Iran yatunga intwaro za nucleaire.

Trump yabivuze nyuma y’uko hari hashize iminsi atumvikana na Papa Leon IV ku ntambara Amerika yagabye muri Iran.

Trump yavuze ko Papa ari gushyira mu kaga abayoboke b’idini gatolika.

Ati “ Ndatekereza ko [Papa] ari gushyira mu byago Abanyagatolika benshi n’abantu benshi muri rusange. Ariko ndatekereza ko ubwo ari Papa yumva ko nta kibazo kuba Iran yatunga intwaro za Nucleaire.”

Reuters yanditse ko Papa Leon XIV atigeze avuga ko Iran ikwiye kugira intwaro za nucleaire ahubwo yagaragaje ko adashyigikiye intambara yo muri Iran.

Papa yasubije Trump ko we aba abwiriza inkuru nziza y’amahoro kandi abantu baba bafite uburenganzira bwo kunenga ibyo avuga.

Ati “Ubutumwa bw’idini ni ukwigisha Inkuru Nziza. Niba umuntu ashaka kunenga kubera ko gusa nigishije Inkuru Niza, nkwiye kumvwa kubera agaciro k’Ijambo ry’Imana.”

Papa Leon XIV yahakanye ibyavuzwe na Trump ibyo kuba yashyigikiye ko Iran ikwiye gutunga intwaro za nucleaire.

Trump na Papa Leon XIV bongeye guterana amagambo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages