Niba ufite umusego umaze imyaka ibiri, nibura icumi ku ijana by’ibiro byawo bigizwe n’udukoko hamwe n’umwanda watwo. Kwa kundi uba wigaragura, uba uri kwigaragura mu ma miliyoni y’udukoko.
Utu dukoko dutungwa n’ibyunzwe cyangwa ibyuya ubira iyo uryamye, dushobora kugukururira indwara ya asthma kandi ugafungana amazuru.
Biratangaje ko ubushakashatsi bugaragaza ko abantu benshi badakomora asthma ku babyeyi, ahubwo bayiterwa n’uburiri bwabo. Ubwo rero iyo uzindutse usasa uburiri bwawe, uba uri gufungirana ibyo byunzwe ntibyume kandi ugatuma utwo dukoko turushaho kugira ubuzima bwiza.
Iyo utegereje amasaha ari hagati y’abiri n’atatu mbere yo gusasa, bituma umwuka winjira maze icyuya cyawe kikuma kandi bikagabanya umubare w’udukoko tuba mu buriri bwawe. Na none uba ugomba kumesa amashuka yawe n’imisego nibura rimwe mu cyumweru cyangwa mu minsi itatu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!