00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Indege yahinduye icyerekezo ikubagahu kubera ‘écouteurs’

Yanditswe na IGIHE
Kuya 7 June 2026 saa 02:52
Yasuwe :

Indege yavaga i Lisbon muri Portugal yerekeza i Londres mu Bwongereza, yahinduye icyerekezo igitaraganya, nyuma y’aho abapilote batahuye ko umwe mu bakozi bo ku kibuga cy’indege yayibagiriwemo ‘écouteurs’.

Amakuru dukesha Daily Mail avuga ko ibi byabaye mu mpera z’iki cyumweru ku ndege y’ikigo cya TAP Air Portugal.

Nyuma y’iminota mike iyi ndege ihagurutse muri Portugal, abagenzi batangiye kumva ikintu gisa n’icyikuba inyuma.

Abapilote bahise batangira kugenzura ikibazo ifite, basanga ari ‘écouteurs’ zicometse ku cyuma kiba gifasheho amapine y’indege.

Izi ‘écouteurs’ umukozi wo ku kibuga cy’indege azikoresha aganira n’abapilote bari imbere mu ndege mbere y’uko ihaguruka.

Kuri iyi nshuro, uyu mukozi wo ku kibuga cy’indege yibagiwe izi ‘écouteurs’ ziba zacometswe ku kizuru cy’indege, ndetse indege ihaguruka zigicometsemo.

Nyuma yo gutahura iki kibazo, abapilote bahise bahindura urugendo, berekeza ku kibuga cy’indege kiri mu mujyi wa Porto, kugira ngo bagenzure niba ubu burangare nta kibazo bwateje indege.

Nyuma yo kugenzura iby’ibanze, indege yakomeje urugendo igana i Londres ndetse igerayo amahoro.

Izi ‘écouteurs’ zicomekwa hafi y’amapine y’indege kugira ngo umushoferi wo ku kibuga abashe kuganira n’abapilote mbere y’uko indege ihaguruka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages