00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iminsi umuntu yamara ku Isi atanywa amazi

Yanditswe na Migabo Panthera
Kuya 7 May 2026 saa 12:55
Yasuwe :

Amazi ni cyo kinyobwa cy’ingenzi kurusha ibindi ku Isi ariko akenshi tuyaca amazi. Akenshi ntitwibuka akamaro kayo kugeza igihe tuyabuze. Iyo tuyabuze biba ibicika ubuzima bugahagara. Ariko byagenda bite uramutse uretse kunywa amazi burundu?

Umubiri w’umuntu buriya ni igishanga cyigendera. Bitewe n’ibilo byawe, imyaka yawe, cyangwa se imiterere yawe muri rusange, hagati ya 55 na 60 ku ijana by’umubiri wawe bigizwe n’amazi. Abana bakivuka bo biba ari 75 ku ijana.

31 ku ijana by’amagufa yawe ni amazi, 73 ku ijana by’umutima wawe ni amazi, 83 by’ibihaha na 75 ku ijana by’ubwonko bwawe n’abyo ni amazi. Ni nka bya bindi bajya bavuga ngo ufite amazi mu mutwe. Buriya ntabwo baba babeshya. Twese dufite amazi mu mutwe.

Nonese ko dufite amazi menshi mu mubiri wacu, kuki dukeneye kunywa amazi? Umubiri wacu utakaza amazi menshi buri munsi iyo tubira ibyuya, tukiherera, ndetse no guhumeka ubwabyo bituma dutakaza amazi. Tuba dukeneye kunywa amazi kugira ngo asimbure ayo twatakaje.

Amazi dukoresha mu mubiri wacu ntabwo ari amazi tunywa gusa, ahubwo tuyakura mu bindi binyobwa dufata, hamwe n’ibyo kurya. Iyo unyoye umutobe, ukanywa icyayi cyangwa ikindi kintu, uba unyoye n’amazi yakoreshejwe mu kugitegura.

Na none 20 ku ijana by’amazi umubiri wawe wakira ku munsi ava mu byo kurya. Imbuto n’imboga zimwe na zimwe ziba zirimo amazi menshi.

Reka rero tuvuge ko uretse kunywa amazi, ukareka kurya imbuto n’ibindi byo kurya birimo amazi, kandi ukareka kunywa ibinyobwa byose birimo amazi. Byagenda bite?

Mu masaha make, umunwa wawe watangira kumagara, inkari zawe zigatangira kuba umukara kandi zikanuka. Umunsi wa mbere wajya kurangira ubwonko bwawe bwatangiye gutakaza ubushobozi bwabwo.

Gutekereza byatangira kukugora, ku buryo no gukora utuntu duto bigusaba imbaraga nyinshi. Watangira kugira isereri no kuzungera.

Ku munsi wa kabiri umubiri watangira guhagarika bimwe mu bikorwa biwusaba gukoresha amazi menshi, nko kwihagarika no kubira ibyunzwe. Kumira ibyo kurya byatangira kukugora kimwe no gukoresha ingingo z’umubiri kuko zaba zatangiye kumagara.

Umunsi wa gatatu wajya kugera watangiye kuvangirwa mu bwonko no kubona ibidahari. Ingingo zawe z’umubiri zatangira kugenda zirekera gukora rumwe kuri rumwe.

Impyiko zawe zarekera gukora, umutima ugahagarara, umwijima ugahagarara n’izindi ngingo. Ubaye uri umuntu usanzwe ufite amazi menshi mu mubiri, ushobora kumara iminsi iri hagati y’itanu n’itandatu mbere y’uko ubwonko bwawe buhagarara ugapfa.

Nanone igihe wamara cyaterwa n’igipimo cy’ubushyuhe cy’ahantu uri, kuko ubaye uri ahantu hashyushye cyane no mu minsi itatu waba wapfuye.

Nubwo hari ibyago bike by’uko wagera muri iyo mimerere, kwirengagiza kunywa amazi ni ikibazo gikomeye. Abenshi muri twe duhorana umwuma tutabizi. Ugasanga umuntu ahora ataka umutwe udakira, gucika intege, no kudashyira ubwenge hamwe, akajya kwa muganga bakamurundira ibinini, kandi biterwa n’uko atanywa amazi ahagije.

Nonese ugomba kunywa amazi angana iki?
Hari abantu bakugira inama yo kunywa ibirahuri umunani ku munsi. Ibyo ntaho bishingiye. Ingano y’amazi ugomba kunywa mbere na mbere iba igomba kugendera ku gitsina cyawe ndetse n’ingano yawe. Abahanga muri siyansi bavuga ko abagabo baba bakeneye hagati ya litiro ebyiri n’igice na litiro eshatu n’igice z’amazi ku munsi, mu gihe abagore baba bakeneye hagati ya litiro ebyiri na litiro ebyiri n’igice. Ibyo ntabwo ari ihame ariko, kuko iyo uba ahantu hashyuha cyane cyangwa ugakora imyitozo ngororamubiri ituma ubira ibyuya, uba ukeneye kunywa amazi menshi kurushaho.

Nubwo uba ushobora gukura amazi umubiri wawe ukeneye mu binyobwa bitandukanye, uba ugomba kunywa amazi buzi kugira ngo wirinde ingaruka zishobora gutwerwa no kunywa ibyo binyobwa byinshi.

Nk’ibinyobwa bitunganyirizwa mu nganda biba birimo ibinyabutabire bishobora kwangiza umubiri wawe, mu gihe ubinyoye ku bwinshi.

Ba bantu munywa inzoga mukumva ko mudakeneye kunywa amazi reka mbace intege. Kunywa inzoga bituma utakaza amazi mu mubiri wawe. Inzoga zituma impyiko zikora inkari nyinshi kugira ngo zizisohore mu mubiri, bigatuma utakaza amazi menshi.

Abahanga bagaragaza ko iyo umuntu atakaje 1 cyangwa 2 ku ijana by’amazi mu mubiri bituma agira ibihe bibi, akananirwa gushyira ubwenge hamwe, kandi agatangira kwibagirwa bya hato na hato.

Ubwo rero nugura icupa rya byeri, ujye ugura n’irindi ry’amazi. Nanone ujye wirinda kunywa amazi menshi icyarimwe kuko byangiza impyiko zawe. Ahubwo ujye uyashyira hafi yawe ugende usomaho gake gake.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages