Jacana y’ingabo basigiye amagi ihinduka umurinzi w’ayo magi, ikayararira kandi ikita ku byana yonyine kugera bikuze.
Muri icyo gihe, akazi ka Jacana y’ingore aba ari ugucunga umutekano w’agace gaherereyemo inyini z’ingabo zayo bayo bose, kandi izo ngabo ntizemerera gushaka izindi ngore.
Jacana imwe y’ingore ishobora kugira agace kangana n’ibibuga bibiri by’umupira w’amaguru, kandi iba ari nini cyane uyigereranyije na Jacana z’ingabo.
Igitangaje ni ukuntu Jacana y’ingore itera uduce tw’iyindi Jacana mu gihe yagiye guhiga, ikamena amagi yayo, maze ikareshya ingabo kugira ngo biryamane. Iyo bamaze kuryamana itera amagi, maze ikayasimbuza ayo imaze kumena.
Jacana ziboneka mu bihugu bishyuha byo ku mugabane wa Amerika, Aziya, na Afurika hakubiyemo n’u Rwanda. Zigira amaguru maremare cyane, kandi zikunda kuba ahantu hari ibishanga n’inzuzi.
Amajanja atuma zibasha kuhagarara no kugendera ku bibabi biri mu mazi ku buryo uzitegereje uri ahirengereye uba ubona ziri ku genda ku mazi nka Yesu, ikaba ari yo mpamvu hari abakunze kuzita Jesus birds.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!