Iyo si tombola yo gutsindira imodoka cyangwa amafaranga ahubwo ni tombola yo kujya mu gisirikare.
Kuba abasore bategetswe kwitabira iyi tombola si byo bitangaje. Ahubwo igitangaza ni ibiberamo. Abasore benshi bo muri Thaïlande ntibaba bashaka kujya mu gisirikare. Ubwo rero uyu munsi aba ari nk’inzozi mbi kuri bo.
Amategeko ntajenjekera abasore bihinduye abakobwa bamwe bazwi nka ‘ladyboys’ kuko n’abo baba bategetswe kwitabira. Usanga abenshi bari kubira ibyuya ubwoba bwabishe.
Iyi tombola ikorwa mu buryo bwo kwandika ku mpapuro. Impapuro zimwe zandikwaho ‘red’ cyangwa se umutuku izindi bakandikaho ‘black’ cyangwa se umukara.
Iyo utomboye umutuku uba ugomba kujya mu gisirikare ukamara imyaka ibiri, watombola umukara ukitahira wemye.
Benshi bagerageza kutitabira iyi tombola bashaka impapuro mpimbano zo kwa muganga zigaragaza ko barwaye cyangwa se bagaha ruswa abashinzwe tombola bakabatambutsa.
Nubwo Thaïlande izwiho kugira abagabo benshi bihinduje igitsina bazwi ‘ladyboys’ ku buryo ubarebye uba ubona ari abagore, ubuyobozi bw’iki gihugu bubafata nk’abagabo.
Hari n’abashaka impapuro mpimbano zigaragaza ko bafite ibibazo byo mu mutwe aho kujya mu gisirikare.
Urubyiruko rwinshi rwo muri Thaïlande runenga iyi gahunda ya leta bakavuga ko batagakwiye guhatirwa kujya mu gisirikare, dore ko hari ababa bashaka kujyamo ariko bagatombola umukara n’aho abatabishaka bagatombola umutuku bigagabana n’ugushaka kwabo.
Thaïlande ifite abaturage barenga miliyoni 71.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!