00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibuye rikubye inshuro 100 iryarimbuye ’dinosaur’ ni ryo ryatumye ubuzima ku Isi bushoboka – Ubushakashatsi

Yanditswe na Nshuti Hamza
Kuya 24 March 2025 saa 10:22
Yasuwe :

Ubushakashatsi bwagaragaje ko ibuye ryo mu Isanzure rikubye inshuro 100 iryagonze Isi bigatuma inyamaswa za ‘dinosaurs’ zishiraho burundu, ari ryo rishobora kuba ryaratumye ibinyabuzima bibasha kuba kuri uyu mubumbe.

Isi ikibaho, ngo amabuye manini aturutse mu Isanzure yayigonze ntiyari ikibazo kuri yo ahubwo yafashije ibinyabuzima kuhaba neza.

Inyigo yakozwe ku ngaruka z’ibuye ryagonze Isi mu myaka miliyari 3,26 ishize, yerekanye ko byafashije ‘microbes’, ibinyabuzima rukumbi byariho kuri uyu mubumbe kubaho neza.

Ni ibuye ryari rinini cyane, rikubye inshuro ziri hagati ya 50 na 200 iryatumye ‘dinosaurs’ zitakibarizwa ku Isi.

Nubwo aho ryaguye hangiritse bikomeye, abashakashatsi berekana ko umuraba ryateye mu Nyanja (tsunami) wazamuye intungamubiri zari zikenewe cyane na ‘microbes’ zari ku Isi kugira ngo zibeho neza.

Nadja Drabon wigisha ibijyane n’Isi n’imibumbe muri Kaminuza ya Havard akaba n’umuyobozi w’itsinda ryakoze iyo nyigo, asobanura ko kubera iryo buye habayeho impinduka ku bidukikije, zari zikenewe cyane kugira ngo ubuzima bugende neza ku Isi.

Drabon na bagenzi be bacukumbuye ibimenyetso by’ingaruka z’iryo buye mu myaka iri hagati ya miliyari 4 na miliyari 2.5 ishize, muri Afurika y’Epfo y’uyu munsi.

Bavuga ko ingaruka z’iryo buye zari ziteye ubwoba ku kinyabuzima cyari mu nyanja cyangwa ku butaka, ariko nyuma y’imyaka ibarirwa mu binyacumi ubuzima bwaragarutse, burushaho kumera neza kurusha mbere.

Bashimangira ko ibyo byatewe n’uko ingaruka z’iryo buye zatumye havubuka ibyo wakwita ibiribwa by’ingenzi ku binyabuzima byari aho.

Ibuye ryaguye ku Isi mu myaka myinshi ishize ryatumye ubuzima bushoboka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .