Abanyarwanda babiboneye igisobanuro! Ngo impyisi iba yagize ite harya?...Reka twikomereze.
Sun Shower ni ibintu bimara igihe gito kandi bisanzwe nk’uko abahanga mu bya siyansi babisobanura.
Uko bisobanurwa, ibitonyanga by’imvura ubona iyo habayeho ‘Sun shower’ biba byahushywe n’umuyaga, ukabikura mu kindi gice cy’Isi ahari kugwa imvura, ukabigeza muri icyo gice uherereyemo ahari kuva izuba.
Iyo ibyo bitonyanga bimanuka wumva bimeze nk’aho imvura igwa, ariko iyo urebye mu kirere ubona ko ibicu bihari ari bike ku buryo bitatanga imvura, cyangwa se ukabona nta n’ibicu bihari.
Hari n’ubwo mu kirere haza ibicu bike bishobora gutanga imvura, ariko bikaba biri mu kirere cya kure cyane. Icyo gihe ibyo bicu bitanga ibitonyanga by’imvura ariko kubera intera iba iri hagati yabyo no ku butaka, ibyo bitonyanga bigera ku butaka ibicu byamaze gutandukana ku buryo ureba mu kirere ntubibone.
Iyo bigenze bityo ibyo bitonyanga bikagwa mu gace katarimo ibicu ariko ari mu masaha y’umugoroba Izuba ryarenze, babyita ‘Serein shower’.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!