00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Habuze gato ngo umugenzi ace mu idirishya ry’indege iri kuguruka

Yanditswe na IGIHE
Kuya 10 July 2026 saa 12:56
Yasuwe :

Umugenzi wari mu ndege ya sosiyete ya Ryanair yarokotse impanuka yashoboraga kumugiraho ingaruka zikomeye nyuma y’uko idirishya ry’iyo ndege rivuyemo ubwo yari iri mu kirere ijya mu Budage. Abagenzi bari kumwe na we bahise bamukurura kugira ngo adaca mu mwanya wavuyemo ikirahure.

Iyi ndege yari ivuye mu mujyi wa Thessaloniki mu Bugiriki yerekeza i Memmingen mu Budage. Uwo mugenzi, wavuzwe ko ari Umunya-Serbia wari watembereye, yahise ajyanwa mu bitaro kubera ibikomere byoroheje, gusa ubuzima bwe bwari bumeze neza.

Umwe mu bagenzi bari muri iyo ndege yabwiye itangazamakuru ko benshi bari basinziriye ubwo bumvaga urusaku rumeze nk’urw’ipine riturika.

Uyu mugenzi yavuze ko ibikoresho byo kwirinda umwuka muke mu ndege bahise babihabwa, ndetse ko hari impumuro idasanzwe yumvikanye. Yongeyeho ko umutwe n’ibitugu by’uwo mugenzi byari byegereye idirishya, ariko kuba yari yambaye umukandara w’umutekano byamufashije kutarushaho guhura n’akaga.

Abandi bagenzi bari hafi ye bahise bamufata baramukurura kugira ngo asubire imbere mu ndege.

Ibinyamakuru byo mu Bugiriki byatangaje ko iki kibazo cyabaye ubwo indege yari hejuru ya Macedoniya y’Amajyaruguru, ndetse ko bishoboka ko iryo dirishya ryangijwe n’icyuma cyavuye kuri moteri y’indege.

Sosiyete ya Ryanair yatangaje ko iyo ndege yahise isubira i Thessaloniki. Yavuze ko indege yageze ku kibuga nta kibazo gikomeye kibaye.

Nyuma yaho, Ryanair yatanze indi ndege kugira ngo itware abagenzi basigaye berekeza i Memmingen mu Budage.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages