00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gen Muhoozi agiye kubaka ikibumbano cya Yezu i Kampala

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 27 August 2026 saa 01:25
Yasuwe :

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko afite gahunda yo kubaka ikibumbano cya Yezu Kirisitu kinini muri Afurika kikazaba giherereye muri Kampala.

Ibi yabitangaje ku wa 27 Kanama 2026, abinyujije mu butumwa yasangije abamukurikira kuri X.

Yavuze ko ari gutekereza kuba yakubaka iki gishushanyo cya Yezu muri Afurika ndetse ko akaba afite gahunda yo kugishyira mu Murwa Mukuru wa Kampala.

Ati “Ndi gutekereza uburyo nakubaka igishushanyo kinini cya Yezu Kirisitu muri Afurika kizaba kiri hejuru y’umusozi wo muri Kampala.”

Gen Muhoozi yakunze kwigaragaza nk’umukirisitu inshuro nyinshi.

Muri Werurwe 2026, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, yagaragaje ko ari inyuma ya Israel mu ntambara iki gihugu gihanganyemo na Iran ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mu bundi butumwa Gen. Muhoozi yasobanuye ko bari ku ruhande rwa Israel kuko ari abakirisitu cyane ko ngo bacunguwe na Yesu Kirisitu ushobora kubabarira ibyaha, yibutsa ko na Bibiliya igaragaza ko Israel ari igihugu cyahawe umugisha.

Gen. Muhoozi ati “Twashoboraga kuba twafashe Tehran mu masaha 72 tutanarashe, ariko ntabwo bajya bumva umwirabura. Kuki warasa ku baturage bagushyigikiye?”

Gen Muhoozi Kainerugaba kandi aherutse gufungura ku mugaragaro ikibumbano kigamije kwibuka Lieutenant Colonel Yonatan “Yoni” Netanyahu ku Kibuga cy’Indege cya Entebbe cyahoze gikoreshwa.

Uru rwibutso rwashyizweho nk’ikimenyetso cyo kwibuka ubufatanye mu by’umutekano, icyizere hagati y’ibihugu ndetse no kongera kubaka umubano wa dipolomasi hagati ya Uganda na Israel.

Igishushanyo cya Yezu Kirisitu cya mbere kinini muri Afurika giherereye muri Angola mu Mujyi wa Lubango.

Iki gishushanyo gifite metero 30 z’uburebure cyubatswe mu 1931 kikaba cyarubatswe mu buryo bumeze kimwe n’icyitwa ‘Kristu Umucunguzi’ kiri mu Mujyi wa Rio de Janeiro muri Brésil.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, agiye kubaka ikibumbabo ya Yezu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages