00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Finland: Umunyamideli yatewe ikinya agiye kubagwa ngo hanozwe ubwiza, apfirako

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 September 2026 saa 08:43
Yasuwe :

Umunyamideli akaba n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga wo muri Finland, Olivia Oras, yapfuye afite imyaka 27 nyuma yo gutakaza ubwenge ubwo yari amaze guterwa ikinya mu ivuriro ryigenga i Helsinki, aho yari agiye gubagwa hagamijwe kunoza ubwiza.

TMZ yatangaje ko Oras yapfuye ku wa 3 Nzeri 2026, nyuma y’ikinya yaterewe muri iryo vuriro ryigenga. Umuryango we wavuze ko yataye ubwenge amaze guterwa ikinya, mbere y’uko atangira kubagwa.

Nyuma yo kugira ikibazo, Oras yahise ajyanwa mu Bitaro bya Kaminuza bya Helsinki (Helsinki University Hospital), ariko biza gutangazwa ko yapfuye.

Umuryango we wahise utanga ikirego muri Polisi usaba ko hakorwa iperereza ku cyateye urupfu rwe. Polisi ya Helsinki yatangaje ko yatangiye iperereza kuri uru rupfu, aho icyaha cyafahwe mu rwego rwo kwica umuntu utabigambiriye.

Polisi yavuze ko iperereza rikiri mu ntangiriro ndetse ko kugeza ubu nta muntu uratabwa muri yombi.

Oras yari asanzwe azwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho yatangiye kugira umubare munini w’abamukurikira akiri umwangavu.

Mu 2016, yagaragaye muri filime mbarankuru yiswe “The Perfect Selfie”. Nyuma yaho, Oras yashinze umuryango udaharanira inyungu ugamije gushyigikira ubushakashatsi ku ndwara zifata ibihaha. Yanakoranye n’ibigo bitandukanye bikora mu bijyanye n’ikoranabuhanga no guteza imbere imibereho myiza.

Yapfuye afite imyaka 27
Olivia Oras yapfuye nyuma yo guterwa ikinya hagiye gukosorwa inenge ku mubiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages